Tuesday, May 7, 2013

Minisitiri Karibata yijeje inkunga ya Leta mu gufasha abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Rurambi


Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Karibata Agnes, arahumuriza abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Rurambi mu karere ka Bugesera, ko Leta izabunganira mu kurandura urufunzo ruri muri icyo gishanga kugira ngo bazabashe kugihingamo umuceri.
Ibyo Minisitiri Karibata yabitangaje kuwa 02/05/2013 ubwo yasuraga imirimo yakozwe mu gutunganya icyo gisanga cya Rurambi, ariko kikaba kitarahingwamo kuko nta bushobozi abaturage bafite bwo kurandura urufunzo dore ko bisaba amikoro menshi.
Yagize ati “ubundi twari twarateguye ko iki gishanga nikimara gutunganwa abaturage bazagira uruhare mu kurandura uru rufunzo kugirango babone aho guhinga, ariko niba byarananiranye tugiye kureba ubundi buryo twakoresha kugirango uru rufunzo rurandurwe abahinzi babone aho bahinga”.
Minisitiri Karibata yerekwa ibimaze gukorwa mu gishanga cya Rurambi.
Minisitiri Karibata yerekwa ibimaze gukorwa mu gishanga cya Rurambi.
Avuga ko nka Leta idashobora kurebera icyo kibazo kandi abaturage bagaragaza ko byarenze ubushobozi bwabo.
Uretse kurandura urufunzo, mu gihe nk’iki cy’imvura byatangiye kugaragara ko imiyoboro y’amazi akikije icyo gishanga ishobora kuzarengerwa n’amazi, akaba ari yo mpamvu Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi yavuze ko iyo miyoboro ikwiye kongererwa ubutumburuke kugira ngo amazi atazangiza umuceri wahinzwe.
Ukuriye amatsinda ahinga umuceri mu gishanga cya Rurambi, Nzamurambaho Claude, yagaragaje ikibazo cy’urufunzo rwakomereye abahinzi ko ubushake bw’abahinzi bwo guhinga buhari.
Ati “twakoresheje amaboko yacu mukurandura uru rufunzo ariko ruturusha ingufu kandi ntako tutagize kandi ni bwo bwa mbere tugiye guhinga umuceri kandi gutangira akaba ari ikintu kirushya”.
Avuga ko bihaye gahunda yo kongera ubuso buhingwa kuburyo igihembwe cy’ihinga bazahinga hegitari zigera kuri 600.
Igishanga cya Rurambi kirimo urufunzo rwinshi ku buryo abaturage bananiwe kururandura.
Igishanga cya Rurambi kirimo urufunzo rwinshi ku buryo abaturage bananiwe kururandura.
Igishanga cya Rurambi kikimara gutunganywa n’umushinga uteza imbere ibikorwa by’ubuhinzi mu karere ka Bugesera (PADAB) ku nkunga ya banki nyafurika itsura amajyambere (BAD), hari hateganyijwe ko abaturage bazagira uruhare rugaragara mu kurandura urufunzo kugira ngo imirima yo guhinga iboneke, ariko urwo rufunzo rwagoye abaturage.
Hegitari 850 nizo zimaze kugezwamo amazi muri gahunda yo gutunganya icyo gishanga gikikije umugezi w’Akagera kigakora ku mirenge ya Juru na Mwogo mu karere ka Bugesera n’uwa Masaka mu karere ka Kicukiro.
Kubera ingufu nke z’abaturage badafite ubushobozi bwo kurandura urufunzo byatumye hahingwa gusa hegitari 225 gusa mu ikubitiro.
Minisitiri Karibata aganira n'abahinzi b'imboga n'imbuto mu karere ka Bugesera.
Minisitiri Karibata aganira n’abahinzi b’imboga n’imbuto mu karere ka Bugesera.
Mbere y’uko Minisitiri Dr Agnes Karibata asura icyo gishanga cya Rurambi yabanje kugirana ibiganiro n’abahagarariye amakoperative ahinga imboga ku bwunganizi bw’ikigo cy’Abayapani gishizwe iterambere mpuzamahanga (JICA), bungurana ibitekerezo ku byakwitabwaho kugira ngo umusaruro w’imboga wiyongere mu karere ka Bugesera.

Bugesera: Nyuma yo guhabwa amahugurwa mu buhinzi barishimira uburyo umusaruro w’ umuceri wikubye kabiri

 
m 0123 Bugesera: Nyuma yo guhabwa amahugurwa mu buhinzi barishimira uburyo umusaruro w umuceri wikubye kabiriTikanori Satoyama uhagarariye ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi bw’umuceri mu bihugu by’Africa ku ruganda i Mayange
Abahinzi b’umuceri bo mu karere ka Bugesera, baratangaza ko nyuma yo guhabwa amahugurwa mu buhinzi bugezweho bishimira uburyo umusaruro wikubye kabiri.
Yonasi Siboyandemye ni umwe mu bahinzi b’umuceri bahinga umuceri mu gishanga cya Nyakariba avuga ko kuba barahawe ubumenyi bwo guhinga neza umuceri byatumye umusaruro wiyongera kuburyo bushimishije .
Ati “muri iki gishanga kingana n’ubuso bwa hegitari 18 twezaga toni ebyiri gusa ariko ubu tukaba tweza toni zigera kuri eshanu kuko mbere wasangaga abahinzi batazi no gushyiramo ifumbire bafataga ifumbire y’ibanze bakayishyiramo nyuma y’amezi abiri kandi bakagombye kuyishyiranamo n’imbuto nk’uko twabyigishijwe”.
Yongeyeho ko mu mbogamizi bahura nazo ariko igishanga kidatunganyije, kandi no mu gihe cy’ impeshyi amazi akaba make,bakaba ngo bizerako nikimara gutunganywa kiziyongera mu buso bityo umusaruro ukongera kwiyongera.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ ubworozi ifatanyije n’abahagarariye guteza imbere ubuhinzi bw’umuceri muri Afurika basuye abo bahinzi n’ibikorwa bitandukanye by’ubuhinzi bw’umuceri mu karere ka Bugesera mu gishanga cya Rwabikwano na Nyakariba ndetse n’uruganda rwa Mayange rutunganya umuceri.
Tikanori Satoyama uhagarariye ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi bw’umuceri mu bihugu by’Afurika binyujijwe mu kigo cy’Ubuyapani gishinzwe iterambere mpuzamahanga JICA nyuma yo kureba ibikorwa byo guhinga umuceri mu Rwanda cyane cyane mu Karere ka Bugesera yagize
ati “biragaragara ko abahinzi bamaze kumenya uburyo bwiza bwo guhinga umuceri kugirango babone umusaruro mwinshi kandi mwiza,akaba ari ibyo kwishimira”.
Sendege Norbert Umuyobozi mukuru ushinzwe ubuhinzi muri Minisiteri y’ubuhinzi avuga ko nyuma y’ umwaka wa 2008 ibihugu by’Afurika byishyize hamwe kugirango biteze imbere ubuhinzi bw’umuceri butange umusaruro mwinshi.
m 0124 Bugesera: Nyuma yo guhabwa amahugurwa mu buhinzi barishimira uburyo umusaruro w umuceri wikubye kabiri
Umuceri nomero ya mbere utunganywa n’uruganda rwa Mayange
“nshimira cyane JICA yo yahaye ubumenyi butandukanye abahinzi b’umuceri, ubu umusaruro ukaba uboneka ari mwinshi kandi ukaba wanikuba gatatu mu gihe twateganyaga ko uzikuba kabiri naho ku kibazo cyo gutunganya ibishanga bikaba bizakorwa igihe habonetse amikoro”.
Nubwo ngo umusaruro uboneka ari mwinshi,biranashimishije kugira uruganda rwa Mayange rwiza kandi rugezweho mu gutunganya neza umuceri, urwo ruganda rukaba rufite imashini ibasha gutunganya toni 20 z’umuceri ku munsi .

Abacuruzi ba kawa batewe inkeke n’ihindagurika ry’ibiciro ku isoko mpuzamahanga


Abohereza kawa mu mahanga batewe inkeke n’ihindagurika ry’ibiciro bya kawa ku isoko mpuzamahanga rishobora kubatera igihombo gikabije.
Abacuruzi ba kawa bagendeye ku biciro byiza byagaragaraga ku isoko mu mwaka wa 2011 na 2012, batangira kugura kawa nyinshi bazi ko ibiciro bizakomeza kuba byiza. Icyo gihe umuhinzi wa kawa yahabwaga amafaranga 155 y’amanyarwanda ku kiro kimwe cya kawa ; ku isoko mpuzamahanga mbere ikiro cya kawa nyarwanda itunganyije kigura amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya 2,480 na 3,099. Muri 2011, igiciro cyariyongereye cyane kigera ku mafaranga 4,339.
Ibintu ntibyakomeje kugenda neza, kuko nyuma igiciro cya kawa ku isoko mpuzamahanga cyamanutse kigera ku mafaranga 1,549 bituma abohereza kawa mu mahanga bafata umwanzuro wo kuba baretse kohereza kawa hanze.
Nk’uko bigaragazwa na The East African, kuri ubu abohereza kawa hanze bafite toni 211,2 za kawa zikiri mu bubiko, batinye kuyijyana ku isoko kubera ibiciro bidashimishije.
Ibigo by’imari bifite ubwoba ko abacuruzi bari batse inguzanyo kugira ngo babashe kurangura no kohereza kawa ku isoko mpuzamahanga bashobora kunanirwa kwishyura neza inguzanyo bahawe.
Emmanuel Karuranga ushinzwe gukurikirana ibibazo by’ibihombo muri Banki y’iterambere (BRD) aganira n’ikinyamakuru The East African yavuze ko ibihe bitagenze neza ku bakiriya babo, anongeraho ko hari bamwe mu bacuruzi ba kawa bagifite ikawa mu bubiko ariko kandi hari n’abayohereje ku isoko ntibabashe kwishyurwa.
Ku ruhande rw’amabanki, abohereza kawa mu mahanga bihutiye kugura kawa nyinshi batabanje gusuzuma ibiciro ku masoko.
Abo bacuruzi nabo nubwo harimo abahisemo kuba bafunze ububiko bwa kawa bashinja Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibikomoka k’ubuhinzi (NAEB) kuba kitarashyize imbaraga mu kumenyekanisha ikawa y’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga nubwo isoko ritari rimeze neza.
Robinah Uwera, ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa muri NAEB, yatangaje ko NAEB itigeze igenda biguru ntege mu kumenyekanisha kawa y’u Rwanda ahubwo ikibazo cyatewe n’ihindagurika ry’ibiciro ku isoko mpuzamahanga.
Avuga ko mbere ya buri gihembwe babanza gukorana inama n’abacuruzi ba kawa bakabamenyesha uko isoko rihagaze.
Ihandagurika ry’ibiciro bya kawa ku isoko mpuzamahanga, impuguke mu bukungu zitangaza ko bizagira ingaruka zikomeye.
Herman Musahara, umwarimu w’ubukungu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, yavuze ko igihe abahinzi baba barambiwe n’ibiciro bibi ku isoko bashobora kurandura kawa bakaba bahitamo gutera inyanya.
Imibare igaragaza ko ikawa yinjije amadolari y’Amerika miliyoni 74,6 mu mwaka wa 2011, naho mu mwaka wa 2012 akaba yaragabanutse akagera ku madolari miliyoni 60,9.
Uyu mwaka u Rwanda ruteganya kuzinjiza miliyoni 99 z’amadolari y’Amerika ariko ibiciro bikomeje kuzamba ntiyagerwaho.
Kawa ni kimwe mu bicuruzwa bikomeye u Rwanda rwohereza mu mahanga

Rutsiro: coffee growers in agony over low prices

 
The price of coffee has considerably dropped in this economic year compared to the last year and there is a little profit that cannot compare to the input in farming, says coffee growers of Rutsiro District.
01 Rutsiro: coffee growers in agony over low prices
Coffee growers attending their produce
Many sectors of Rutsiro district neighbours Lake Kivu that is especially popular for productive coffee. The residents of sectors of Mushubati, Gihango, Musasa, Boneza, Mushonyi, Kigeyo and Kivumu sectors usually invest in the growing of coffee and have 8 agriculture stations.
Usually farmers harvest coffee beans and sell them to these stations and get paid for the harvest they provide. Farmers are not content with the price they are being offered for their coffee beans in this year 2013 which considerably low compared to the last years.
Faustin Hakizimana coffee growers who resides in Boneza sector in Rutsiro district says last year they sold a kilogram of coffee beans between Rwf250-Rwf300 but now they sell a kilogram of coffee beans at Rwf150.
“This amount is very little to a farmer considering the time spent growing coffee, buying fertilisers and manure to fertilise it and also harvesting it, it is a waste.”
Farmers in these sectors use much energy growing coffee and take much time to take care of it so as to have much harvest. With this little price they are getting no matter the strength and time they wasted, it is discouraging as they will not get the expected profit to keep on farming.
Boniflida Mukamugesera an old lady that grows coffee says that she always able to buy food to support her family with good price from coffee but this year is very disappointing. “I had taken charge of a young girl to support and it was possible with good price from coffee but now it is not going to be possible.”
The district management says they are well aware of this issue but the price trend is set by the prices at the international market of how coffee is also sold. Gaspard Byukusenge the mayor of Rutsiro district says coffee is a crop that determines the economy of the country so its price cannot be set by farmers on their own.
“The way the price of coffee increases or decreases depends on how coffee is sold at the international market. Any change at the international market automatically affects farmers” says the mayor.
The continuous change of the coffee price has always confused farmers, like 2012 the price was good and it encouraged farmers to grow more coffee which increased the produce in 2013 and then the prices depreciated. This might discourage farmers from farming which might reduce the production for the next period.

Nyagatare: Nyuma yo kwinangira ubu barishimira umusaruro w’ibigori

                    
Iyo waganiraga n’abaturage bo mu mirenge ya Matimba na Musheri ho mu karere ka Nyagatare, benshi wasangaga binubira uburyo Leta yabategetse guhinga ibigori mu kibaya cya Rwentanga ariko ubu barishimira ko babihinze.
Iyo ugeze muri iyi mirenge yombi, usanga abaturage ahubwo bicuza bakanifuza gusaba Leta imbabazi, ku bw’igitekerezo cy’iterambere yabagejejeho nyamara bakabanza kucyamagana.
Bamwe mubaturage twaganiriye badutangarije ko bishimira cyane umusaruro bakuye mu gihingwa cy’ibigori, aho benshi bemeza ko nta n’ikindi gihingwa bumva barutisha ibigori.
Madarina Mukarugero w’imyaka 61 ubusanwe yahingaga uruvangitirane rw’imyaka kuri hegitari eshatu z’ubutaka, ariko agakuramo umusaruro ugerwa kumashyi. Gusa ngo nyuma yo kubona ko ibyo Leta yabakanguriraga byaribyo, umukecuru Madarina avuga ko umusaruro yabonye mu bigori wamutunguye cyane.
Callixte Nzaramba, umuhinzi nawe wahinze mu gishanga cya Rwentanga atangaza ko umusaruro babonye ushimishije.
Agira ati “Nahinze hegitari esheshatu z’ubutaka none ndateganye gukuramo toni zitari munsi ya 30 z’ibigori. Ikimaze kudushimisha n’uburyo twakanguriwe kwibumbira muri koperative, ubu nkaba nizeye kugera kuri byinshi.”
Igishanga cya Rwentanga cyatunganyijwe na MINAGRI, ahashowemo akayabo ka miriyoni eshanu z’amadorari. Abaturage bagihingamo bazajya basorera ubutaka buri gihembwe cy’ihinga.