Thursday, May 19, 2016

Amacupa ya pulasitiki yubakishwa inzu mu kurengera ibidukikije

Aho kugira ngo bayajugunye atere umwanda, muri Panama basigaye bubakisha amacupa ya pulasitiki (Ifoto/Internet)
Muri Panama harimo kubakwa icyiswe icyaro cya pulasitiki hakoreshwa amacupa ya pulasitiki mu rwego rwo kuyabyaza umusaruro hanarengerwa ibidukikije.
Inkuruy’urubuga odditycentral.com iravuga ko kubakisha amacupa ya pulasitiki ari uguhanga agashya gashobora kukiza Isi ntirengerwe na pulasitiki.
Umugambi ni ukubaka inzu nyinshi zubakishijwe amacupa yajugunywe ya pulasitiki ku buso bungana na meterokare 335,889.1.
Icyaro cya pulasitiki ngo kizaba kigizwe n’inzu 120 zifite ingano itandukanye.
Icyaro cya pulasitiki ngo kizaba kigizwe n’inzu 120  (Ifoto/Internet)
Icyaro cya pulasitiki ngo kizaba kigizwe n’inzu 120 (Ifoto/Internet)
Inzu yubakwa hakoreshejwe ibyuma bizirikishijwe n’udutsinga tumeze nk’imigozi hanyuma amacupa agasesekwamo. Iyo ibi birangiye hashyizwemo intsinga z’amashanyarazi, n’impombo z’amazi, igikuta cya pulasitiki gishyirwaho igishahuro inyuma n’imbere.

Aya mazu iyo yuzuye asa n’ayandi asanzwe; ntawamenya ko yubatswe n’amacupa ya pulasitiki. Izi nzu kandi zirangwa no kuba zidashyuha kuko bibangamira abantu.
Uyu mushinga w’icyaro ngo ni igitekerezo cyazanwe n’uwitwa Robert Bezeau wavuye muri Canada mu myaka yashize itari mike afite umugambi wo gutangiza imishinga itandukanye ku bijyanye n’ibidukikije.
Amaze gutangiza gahunda yo kongera gukoresha amacupa ya pulasitiki muri 2012, aho amacupa menshi yakusanijwe, ngo yatangiye gutekereza uko yabyazwa umusaruro. Nibwo yagize igitekerezo cyo kuyakoresha mu bwubatsi. Ubu ngo arimo gukorana n’ibigo by’ubwubwubatsi bikomeye muri Panama hirya no hino nk’igice cy’umushinga.
Hakoreshejwe amacupa 10,000 mu kubaka inzu ya mbere y’ikitegererezo ikaba yararangiye mu mpreza z’umwaka ushize. Amacupa yakoreshejwe yaturutse mu mushinga Robert yatangije. Inzu izakurikiraho ngo izaba ari nini kurushaho bityo hakazakenerwa amacupa menshi kurushaho.
Ku rubuga rw’umushinga “Icyaro cy’amacupa ya pulasitiki”, hariho ko amacupa ya pulasitiki 22,000 ajugunywa buri segonda ku isi.
Uru rubuga rugira ruti “Intego y’icyaro cy’amacupa ya pulasitki n’ugushyiraho santeri yo kwigisha abantu kuva mu bice bitandukanye by’isi, ukuntu amacupa ya pulasitiki yongera agakoreshwa nk’ibikoresho by’ubwubatsi.”
N'amagorofa yubakishijwe amacupa ya pulasitiki barayubaka (Ifoto/Internet)
N’amagorofa yubakishijwe amacupa ya pulasitiki barayubaka (Ifoto/Internet)http://izubarirashe.rw/2016/05/panama-amacupa-ya-pulasitiki-yubakishwa-inzu-mu-kurengera-ibidukikije/

Huye:Umugore yafatanwe toni 20 z’imbuto z’ibigori zagenewe abahinzi   

 
 
Polisi ikorera mu karere ka Huye ifunze umugore ukekwaho kugura no gucuruza imbuto y’ibigori yari igenewe abahinzi.
Ringuyeneza Odette ufungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ngoma, yafashwe ku italiki ya 17 nyuma y’iperereza rya Polisi ryerekanye ko yaguraga imbuto ku bahinzi yagenewe, binyuranyije na gahunda ya Leta y’ubuhinzi, nk’uko bitangazwa na Polisi.
Iyi mbuto ikaba yatangwaga n’ikigo cya Leta cyita ku buhinzi(RAB) kiyiha abahinzi muri gahunda ya Leta yo kuzamura umusaruro w’ibigori.
JPEG - 118.5 kb
Yagurishaga imbuto y’ibigori mu buryo butemewe
Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Huye, Superintendent of Police(SP) Jean Marie Vianney Karegeya avuga ko ku italiki ya 16 Gicurasi, abaturage bari batanze amakuru kuri Polisi kuri ubu bucuruzi ku mbuto y’ibigori bwakorwaga na Ringuyeneza .
SP Karegeya yagize ati:” Ku wa mbere, umuturage yaje kuri Polisi avuga ko yabonye aho imbuto y’ibigori nyinshi baronze yanitse mu rugo rw’uyu mugore, ahitwa Rukira, mu murenge wa Huye, aho abapolisi bagiye bagasanga ari toni 3 n’ibiro 800.”
Akomeza agira ati:” Twakomeje iperereza no ku munsi ukurikiyeho, tuza gutahura ko izindi toni 16 n’ibiro 200 by’imbuto byabonetse I Tumba, nabyo ari ibya Ringuyeneza, niyo mpamvu twamufunze.”
SP Karegeya yavuze ko uyu mugore avuga ko iyi mbuto yayiguze ku Mulindi wa Kanombe, I Kigali; hakaba hakekwa ko ari ukubya uburari ariko iperereza rikaba rikomeje ngo hamenyekane aho yayiguze kandi hakurikiranwe abafite uruhare muri ubu bucuruzi butemewe.
Igihe yafatwaga, imbuto hafi ya yose Ringuyeneza yari amaze kuyironga no kuyanika asigaje kubishesha ngo bivanwemo ifu yo gucuruza, iyi mbuto kandi ikaba yari iteganyijwe guterwa ku butaka bungana na hegitari zirenga 200, bikaba bifite agaciro ka miliyoni 41 z’amafaranga y’u Rwanda nk’uko bitangazwa na Ntezimana Justin, umukozi wa RAB mu Ntara y’Amajyepfo.
Yavuze ko ikilo kimwe cy’iyi mbuto y’indobanure kigura amafaranga 2095 ariko cyari cyahawe abahinzi kuri 520 frw.
Ntezimana yagize ati:”Yari yamaze kuvanga imbuto yose n’iyo yinitse mu mazi, ntibyari bigishobotse ko yahabwa abahinzi, iki ni igihombo kinini. Ikilo kimwe cy’iyi mbuto ubundi kibyara ibilo 100 by’umusaruro, ni ukuvuga ko toni 20 zagombaga guhingwa kuri hegitari 200 kuko kuri buri hegitari 30 duteraho toni 3 z’imbuto.”
Yongeyeho ati: “Izi mbuto yari yaravanzwe n’ibindi binyabutabire ku buryo itaribwa, ntibyanashobokaga kandi ko yarongwa ngo iribwe, hari ibyago byinshi byo kuroga abaturage.”
Yavuze kandi ko iyi mbuto itangwa gusa na RAB , igahabwa abacuruzi batoranyijwe mu turere, ari nabo bayicuruza n’abahinzi ku giciro cyashyizweho aho yagize ati:” Ntibinakunze kubaho ko umucuruzi yahabwa imbuto ingana gutya, akenshi bahabwa iri munsi ya toni 20.”
Hagati aho, SP Karegeya yahamagariye abaturage guhaguruka bakabungabunga ibibagenewe kandi bakavuga uwashaka kubangamira icyabateza imbere.http://imvahonshya.co.rw/amakuru/mu-rwanda/article/huye-umugore-yafatanwe-toni-20-z-imbuto-y-ibigori
 
 
 

Abaziturirwa inka za Girinka barataka ko bazihabwa zikiri nto cyane zikabarushya   

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Tumba mu karere ka Huye, baratangaza ko babangamirwa na bagenzi babo babitura inka zikiri nto cyane muri gahunda ya Girinka, bityo ugasanga zibagora kuzirera ngo zikure, ubundi ngo bikaba byanaziviramo gupfa.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cya Girinka mu karere ka Huye, bamwe mu bagenerwabikorwa b’iyi gahunda bagaragaje zimwe mu mbogamizi zikigaragara, cyane ku ruhande rw’abaziturirwa n’ababa barazihawe inka mbere.
Nyiramugisha Verediyana utuye mu mudugudu w’Agahora mu kagari ka Cyarwa, mu murenge wa Tumba yagize ati:“Njye inyana mfite nayihawe muri gahunda ya Girinka n’uwituraga, ariko ikibazo iyo nka nayihawe ifite amezi atatu gusa, urumva ko kuyikura kuri nyina itonse biragorana kuyirera ngo ikure igeze n’igihe cyo kwima uba wavunitse pe.”
JPEG - 136 kb
Zimwe mu nka zatanzwe muri gahunda ya Girinka mu karere ka Huye (Foto Umutoni B)
Nyiramugisha yunzemo ati:“Ubu nyimaranye amezi umunani, ariko kugira ngo ibashe gukura byansabye kujya nyiha igikoma cya soya n’icy’amasaka kuko yari ikiri nto cyane.”
Uretse Nyiramugisha, n’uwitwa Niyonsaba Beatrice wo mu mudugudu w’Agasharu avuga ko nawe yituwe inka ikiri nto cyane, ku buryo kuyirera byamusabye kwiyuha icyuya.
Yagize ati:“Yewe nanjye bampaye inyana nto pe, ifite nk’amezi ane gusa, aho abaturanyi bavugaga ngo si inka ahubwo ni ihene bampaye, ariko ndakubwira ukuri sinari kuyanga kuko bari kuyihera undi.
Narayemeye ndayirera ubu nyimaranye amezi ane, ariko biravuna guhabwa inka ikingana gutyo, yewe n’imikurire yayo iba igoye urebye na nabi yanagupfana ukabura byose.”
Aba baturage basanga bikwiye ko uwajya yitura yajya ategereza byibura umwaka, agatanga inyana imaze kwigira hejuru.
Jean Baptiste Mutabaruka, umuyobozi w’ishami ry’imicungire y’abakozi n’ubutegetsi mu karere ka Huye, aha yibukije abahawe inka ko atari izabo gusa, kuko izizaziturukaho zigomba kuzahabwa n’abandi bityo bakaba bakwiye kuzifata neza.
Jean Baptiste Mutabaruka, umuyobozi w’ishami ry’imicungire y’abakozi n’ubutegetsi mu karere ka Huye, asaba ko aba bazitura inka ko bajya baziturira bagenzi babo izimaze kwigira hejuru, bakurikije uko gahunda ya girinka ibivuga.
Yagize ati:“Ni byo koko hari abo usanga bitura inka zikiri nto cyane, ariko iki kibazo tugiye kukigaho twihanangirize abagomba kwitura inka bose ko bagomba kubahiriza gahunda ya Girinka bakajya bazitanga zimaze gukura.
Ariko kandi nabo tuzasanga ko koko barituwe izi nka zikiri nto cyane kandi nta bushobozi bafite twabaha ubufasha.”
Ubusanzwe ngo mu mategeko ya Girinka yo kwitura, ngo uwitura aba agomba gutanga inyana itari munsi y’amezi icyenda.http://imvahonshya.co.rw/amakuru/mu-ntara/intara/article/huye-abaziturirwa-inka-za-girinka-barataka-ko-bazihabwa-zikiri-nto-cyan
 
 
 

Tuesday, May 7, 2013

Minisitiri Karibata yijeje inkunga ya Leta mu gufasha abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Rurambi


Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Karibata Agnes, arahumuriza abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Rurambi mu karere ka Bugesera, ko Leta izabunganira mu kurandura urufunzo ruri muri icyo gishanga kugira ngo bazabashe kugihingamo umuceri.
Ibyo Minisitiri Karibata yabitangaje kuwa 02/05/2013 ubwo yasuraga imirimo yakozwe mu gutunganya icyo gisanga cya Rurambi, ariko kikaba kitarahingwamo kuko nta bushobozi abaturage bafite bwo kurandura urufunzo dore ko bisaba amikoro menshi.
Yagize ati “ubundi twari twarateguye ko iki gishanga nikimara gutunganwa abaturage bazagira uruhare mu kurandura uru rufunzo kugirango babone aho guhinga, ariko niba byarananiranye tugiye kureba ubundi buryo twakoresha kugirango uru rufunzo rurandurwe abahinzi babone aho bahinga”.
Minisitiri Karibata yerekwa ibimaze gukorwa mu gishanga cya Rurambi.
Minisitiri Karibata yerekwa ibimaze gukorwa mu gishanga cya Rurambi.
Avuga ko nka Leta idashobora kurebera icyo kibazo kandi abaturage bagaragaza ko byarenze ubushobozi bwabo.
Uretse kurandura urufunzo, mu gihe nk’iki cy’imvura byatangiye kugaragara ko imiyoboro y’amazi akikije icyo gishanga ishobora kuzarengerwa n’amazi, akaba ari yo mpamvu Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi yavuze ko iyo miyoboro ikwiye kongererwa ubutumburuke kugira ngo amazi atazangiza umuceri wahinzwe.
Ukuriye amatsinda ahinga umuceri mu gishanga cya Rurambi, Nzamurambaho Claude, yagaragaje ikibazo cy’urufunzo rwakomereye abahinzi ko ubushake bw’abahinzi bwo guhinga buhari.
Ati “twakoresheje amaboko yacu mukurandura uru rufunzo ariko ruturusha ingufu kandi ntako tutagize kandi ni bwo bwa mbere tugiye guhinga umuceri kandi gutangira akaba ari ikintu kirushya”.
Avuga ko bihaye gahunda yo kongera ubuso buhingwa kuburyo igihembwe cy’ihinga bazahinga hegitari zigera kuri 600.
Igishanga cya Rurambi kirimo urufunzo rwinshi ku buryo abaturage bananiwe kururandura.
Igishanga cya Rurambi kirimo urufunzo rwinshi ku buryo abaturage bananiwe kururandura.
Igishanga cya Rurambi kikimara gutunganywa n’umushinga uteza imbere ibikorwa by’ubuhinzi mu karere ka Bugesera (PADAB) ku nkunga ya banki nyafurika itsura amajyambere (BAD), hari hateganyijwe ko abaturage bazagira uruhare rugaragara mu kurandura urufunzo kugira ngo imirima yo guhinga iboneke, ariko urwo rufunzo rwagoye abaturage.
Hegitari 850 nizo zimaze kugezwamo amazi muri gahunda yo gutunganya icyo gishanga gikikije umugezi w’Akagera kigakora ku mirenge ya Juru na Mwogo mu karere ka Bugesera n’uwa Masaka mu karere ka Kicukiro.
Kubera ingufu nke z’abaturage badafite ubushobozi bwo kurandura urufunzo byatumye hahingwa gusa hegitari 225 gusa mu ikubitiro.
Minisitiri Karibata aganira n'abahinzi b'imboga n'imbuto mu karere ka Bugesera.
Minisitiri Karibata aganira n’abahinzi b’imboga n’imbuto mu karere ka Bugesera.
Mbere y’uko Minisitiri Dr Agnes Karibata asura icyo gishanga cya Rurambi yabanje kugirana ibiganiro n’abahagarariye amakoperative ahinga imboga ku bwunganizi bw’ikigo cy’Abayapani gishizwe iterambere mpuzamahanga (JICA), bungurana ibitekerezo ku byakwitabwaho kugira ngo umusaruro w’imboga wiyongere mu karere ka Bugesera.

Bugesera: Nyuma yo guhabwa amahugurwa mu buhinzi barishimira uburyo umusaruro w’ umuceri wikubye kabiri

 
m 0123 Bugesera: Nyuma yo guhabwa amahugurwa mu buhinzi barishimira uburyo umusaruro w umuceri wikubye kabiriTikanori Satoyama uhagarariye ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi bw’umuceri mu bihugu by’Africa ku ruganda i Mayange
Abahinzi b’umuceri bo mu karere ka Bugesera, baratangaza ko nyuma yo guhabwa amahugurwa mu buhinzi bugezweho bishimira uburyo umusaruro wikubye kabiri.
Yonasi Siboyandemye ni umwe mu bahinzi b’umuceri bahinga umuceri mu gishanga cya Nyakariba avuga ko kuba barahawe ubumenyi bwo guhinga neza umuceri byatumye umusaruro wiyongera kuburyo bushimishije .
Ati “muri iki gishanga kingana n’ubuso bwa hegitari 18 twezaga toni ebyiri gusa ariko ubu tukaba tweza toni zigera kuri eshanu kuko mbere wasangaga abahinzi batazi no gushyiramo ifumbire bafataga ifumbire y’ibanze bakayishyiramo nyuma y’amezi abiri kandi bakagombye kuyishyiranamo n’imbuto nk’uko twabyigishijwe”.
Yongeyeho ko mu mbogamizi bahura nazo ariko igishanga kidatunganyije, kandi no mu gihe cy’ impeshyi amazi akaba make,bakaba ngo bizerako nikimara gutunganywa kiziyongera mu buso bityo umusaruro ukongera kwiyongera.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ ubworozi ifatanyije n’abahagarariye guteza imbere ubuhinzi bw’umuceri muri Afurika basuye abo bahinzi n’ibikorwa bitandukanye by’ubuhinzi bw’umuceri mu karere ka Bugesera mu gishanga cya Rwabikwano na Nyakariba ndetse n’uruganda rwa Mayange rutunganya umuceri.
Tikanori Satoyama uhagarariye ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi bw’umuceri mu bihugu by’Afurika binyujijwe mu kigo cy’Ubuyapani gishinzwe iterambere mpuzamahanga JICA nyuma yo kureba ibikorwa byo guhinga umuceri mu Rwanda cyane cyane mu Karere ka Bugesera yagize
ati “biragaragara ko abahinzi bamaze kumenya uburyo bwiza bwo guhinga umuceri kugirango babone umusaruro mwinshi kandi mwiza,akaba ari ibyo kwishimira”.
Sendege Norbert Umuyobozi mukuru ushinzwe ubuhinzi muri Minisiteri y’ubuhinzi avuga ko nyuma y’ umwaka wa 2008 ibihugu by’Afurika byishyize hamwe kugirango biteze imbere ubuhinzi bw’umuceri butange umusaruro mwinshi.
m 0124 Bugesera: Nyuma yo guhabwa amahugurwa mu buhinzi barishimira uburyo umusaruro w umuceri wikubye kabiri
Umuceri nomero ya mbere utunganywa n’uruganda rwa Mayange
“nshimira cyane JICA yo yahaye ubumenyi butandukanye abahinzi b’umuceri, ubu umusaruro ukaba uboneka ari mwinshi kandi ukaba wanikuba gatatu mu gihe twateganyaga ko uzikuba kabiri naho ku kibazo cyo gutunganya ibishanga bikaba bizakorwa igihe habonetse amikoro”.
Nubwo ngo umusaruro uboneka ari mwinshi,biranashimishije kugira uruganda rwa Mayange rwiza kandi rugezweho mu gutunganya neza umuceri, urwo ruganda rukaba rufite imashini ibasha gutunganya toni 20 z’umuceri ku munsi .

Abacuruzi ba kawa batewe inkeke n’ihindagurika ry’ibiciro ku isoko mpuzamahanga


Abohereza kawa mu mahanga batewe inkeke n’ihindagurika ry’ibiciro bya kawa ku isoko mpuzamahanga rishobora kubatera igihombo gikabije.
Abacuruzi ba kawa bagendeye ku biciro byiza byagaragaraga ku isoko mu mwaka wa 2011 na 2012, batangira kugura kawa nyinshi bazi ko ibiciro bizakomeza kuba byiza. Icyo gihe umuhinzi wa kawa yahabwaga amafaranga 155 y’amanyarwanda ku kiro kimwe cya kawa ; ku isoko mpuzamahanga mbere ikiro cya kawa nyarwanda itunganyije kigura amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya 2,480 na 3,099. Muri 2011, igiciro cyariyongereye cyane kigera ku mafaranga 4,339.
Ibintu ntibyakomeje kugenda neza, kuko nyuma igiciro cya kawa ku isoko mpuzamahanga cyamanutse kigera ku mafaranga 1,549 bituma abohereza kawa mu mahanga bafata umwanzuro wo kuba baretse kohereza kawa hanze.
Nk’uko bigaragazwa na The East African, kuri ubu abohereza kawa hanze bafite toni 211,2 za kawa zikiri mu bubiko, batinye kuyijyana ku isoko kubera ibiciro bidashimishije.
Ibigo by’imari bifite ubwoba ko abacuruzi bari batse inguzanyo kugira ngo babashe kurangura no kohereza kawa ku isoko mpuzamahanga bashobora kunanirwa kwishyura neza inguzanyo bahawe.
Emmanuel Karuranga ushinzwe gukurikirana ibibazo by’ibihombo muri Banki y’iterambere (BRD) aganira n’ikinyamakuru The East African yavuze ko ibihe bitagenze neza ku bakiriya babo, anongeraho ko hari bamwe mu bacuruzi ba kawa bagifite ikawa mu bubiko ariko kandi hari n’abayohereje ku isoko ntibabashe kwishyurwa.
Ku ruhande rw’amabanki, abohereza kawa mu mahanga bihutiye kugura kawa nyinshi batabanje gusuzuma ibiciro ku masoko.
Abo bacuruzi nabo nubwo harimo abahisemo kuba bafunze ububiko bwa kawa bashinja Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibikomoka k’ubuhinzi (NAEB) kuba kitarashyize imbaraga mu kumenyekanisha ikawa y’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga nubwo isoko ritari rimeze neza.
Robinah Uwera, ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa muri NAEB, yatangaje ko NAEB itigeze igenda biguru ntege mu kumenyekanisha kawa y’u Rwanda ahubwo ikibazo cyatewe n’ihindagurika ry’ibiciro ku isoko mpuzamahanga.
Avuga ko mbere ya buri gihembwe babanza gukorana inama n’abacuruzi ba kawa bakabamenyesha uko isoko rihagaze.
Ihandagurika ry’ibiciro bya kawa ku isoko mpuzamahanga, impuguke mu bukungu zitangaza ko bizagira ingaruka zikomeye.
Herman Musahara, umwarimu w’ubukungu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, yavuze ko igihe abahinzi baba barambiwe n’ibiciro bibi ku isoko bashobora kurandura kawa bakaba bahitamo gutera inyanya.
Imibare igaragaza ko ikawa yinjije amadolari y’Amerika miliyoni 74,6 mu mwaka wa 2011, naho mu mwaka wa 2012 akaba yaragabanutse akagera ku madolari miliyoni 60,9.
Uyu mwaka u Rwanda ruteganya kuzinjiza miliyoni 99 z’amadolari y’Amerika ariko ibiciro bikomeje kuzamba ntiyagerwaho.
Kawa ni kimwe mu bicuruzwa bikomeye u Rwanda rwohereza mu mahanga

Rutsiro: coffee growers in agony over low prices

 
The price of coffee has considerably dropped in this economic year compared to the last year and there is a little profit that cannot compare to the input in farming, says coffee growers of Rutsiro District.
01 Rutsiro: coffee growers in agony over low prices
Coffee growers attending their produce
Many sectors of Rutsiro district neighbours Lake Kivu that is especially popular for productive coffee. The residents of sectors of Mushubati, Gihango, Musasa, Boneza, Mushonyi, Kigeyo and Kivumu sectors usually invest in the growing of coffee and have 8 agriculture stations.
Usually farmers harvest coffee beans and sell them to these stations and get paid for the harvest they provide. Farmers are not content with the price they are being offered for their coffee beans in this year 2013 which considerably low compared to the last years.
Faustin Hakizimana coffee growers who resides in Boneza sector in Rutsiro district says last year they sold a kilogram of coffee beans between Rwf250-Rwf300 but now they sell a kilogram of coffee beans at Rwf150.
“This amount is very little to a farmer considering the time spent growing coffee, buying fertilisers and manure to fertilise it and also harvesting it, it is a waste.”
Farmers in these sectors use much energy growing coffee and take much time to take care of it so as to have much harvest. With this little price they are getting no matter the strength and time they wasted, it is discouraging as they will not get the expected profit to keep on farming.
Boniflida Mukamugesera an old lady that grows coffee says that she always able to buy food to support her family with good price from coffee but this year is very disappointing. “I had taken charge of a young girl to support and it was possible with good price from coffee but now it is not going to be possible.”
The district management says they are well aware of this issue but the price trend is set by the prices at the international market of how coffee is also sold. Gaspard Byukusenge the mayor of Rutsiro district says coffee is a crop that determines the economy of the country so its price cannot be set by farmers on their own.
“The way the price of coffee increases or decreases depends on how coffee is sold at the international market. Any change at the international market automatically affects farmers” says the mayor.
The continuous change of the coffee price has always confused farmers, like 2012 the price was good and it encouraged farmers to grow more coffee which increased the produce in 2013 and then the prices depreciated. This might discourage farmers from farming which might reduce the production for the next period.